Amafoto y’igitaramo I-CYOGERE, Twagirayezu Aimable aherutse gukorera i Kigali

Umusizi, umwanditsi ndetse n’umuhanzi I-CYOGERE, Twagirayezu Aimable aherutse gukora igitaramo cye cya mbere yise “INEZA YE 1”, cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 06 Kamena 2026 muri Great Hotel. Iki gitaramo cyabereyeho no kumurika ku mugaragaro album ye ya mbere yise “The Supreme Title of Heavenly Armies and Revelations”, izwi muri make nka “The STARS.”

Agaruka ku byaranze uwo mugoroba w’amateka, I-CYOGERE yavuze ko yatunguwe kandi akorwa ku mutima n’ubwitabire budasanzwe bw’abamushyigikiye bitabiriye ibi birori bidasanzwe. Yavuze ko igitaramo cyarenze kure ibyo yari yiteze, kikaba cyarabaye ikimenyetso cy’urukundo, ubumwe n’inkunga yahawe n’abamukunda.

Ni igitaramo yafashijwemo n’abahanzi batandukanye barimo Egide Nduwayezu, David Stone, The Pals Group, Papa Golizo, Dude Poet, Umuzinga Team, Boy Key, Muvunyi n’abandi ubona muri aya mafoto.

Umuhanzi Egide NDUWAYEZU, umaze igihe mu muziki nyobokamana gatorika yaje gushyigikira I-CYOGERE. Ibihangano bye byahembuye abitabiriye
I-CYOGERE yaramiye abaje, abaha ibyishimo bisendereye
Urukundo abaje bamugaragararije, rwamuteye imbaraga zo gukomeza urugendo
Igitaramo cyabaye umwanya mwiza wo guha abandi bahanzi kugaragaza impano zabo. Uyu ni Boy Key
Muvunyi, ni umwe mu bagaragaje impano zabo zitanga ikizere cy’ejo hazaza
The Pals Group, ni itsinda risingiza Imana muri Paroisse Regina Pacis, ryaje gushyigikira I-CYOGERE
Abaje muri iki gitaramo, baranyuzwe bikomeye, bigaragarira ku maso yabo
Zimwe mu ndirimbo yaririmbye, yazirimbye apfukamye, ikimenyetso cyo guha icyubahiro Nyagasani yamamaza
Ahamya ko ibihangano bye bishingiye ku kwemera Gatorika kandi Yezu ari we ahamya binyuze mu njyana zinyuranye zikundwa na bose
Afatanije na Zodiac Band imaze kuba ubukombe, byagaragaye ko iki gitaramo cyari giteguye neza ku rwego rwo hejuru
Yakoresheje imbaraga nyinshi ngo atange ibyishimo afashijwe n’abaririmbyi b’abahanga
Papa Golizo na we yasusurukije abitabiriye igitaramo cya I-CYOGERE
Ibyishimo byari byose ku bitabiriye igitaramo
Umusanzu wa buri wese waratanzwe kugirango igitaramo kigende neza
Barataramye agati karaturika
Ababyeyi bitabiriye iki gitaramo barebeshaga ijisho rya mukuru
Ababyeyi basabwe n’ibyishimo

NTD

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *