Gicumbi: Arashinjwa kugambirira gufungisha imyaka 25 umusore babyaranye

Tariki  ya  07/11/2022  Ubushinjacyaha   ku rwego  Rwisumbuye  bwa  Gicumbi , bwaregeye  Urukiko Rwisumbuye  rwa  Gicumbi,Umukobwa  w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rulindo, mu Murenge  wa Tumba, Akagari ka Nyirabirori, Umudugudu wa Rugando, bukaba bumukurikiranyeho icyaha cy’inyandiko mpimbano yakoze  ahindura amazina yeagamije gufungisha umuhungu babyaranye.

Icyaha uregwa akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha yagikoze ubwo yajyaga gushaka  ibyangombwa  by’ibicurano   akiyita amazina ya murumuna we ndetse agashaka   n’icyemezo cy’amavuko cy’umwana yabyaye cy’igihimbano kugira ngo agaragaze ko yabyaye atarakwiza imyaka y’ubukure, agambiriye kurega umusore babyaranye ngo azahabwe ibihano bikomeye.

Ibi byaje kumenyekana ubwo uyu mukobwa yafataga ibyangombwa by’ibihimbano yacurishije bigaragaza ko atarakwiza imyaka y’ubukure, akajya gutanga ikirego mu nzego zibishinzwe, nyuma bikaza kumenyekana ko arega mu mazina atari aye biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bamuzi ndetse bazi neza ko yujuje imyaka y’ubukure.

Mu ibazwa rye, yemera icyaha aregwa agasobanura ko yabitewe n’umujinya kuko uwo musore yanze kumufasha na we agashaka kumwihimuraho ngo azafungwe imyaka myinshi, ibyo ugasanga ari urwitwazo kuko ari ibintu yabitekerejeho neza kandi abizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Icyaha nicyimuhama azahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 7 ni ihazabu ya  Miliyoni (1.000.000frws) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 277 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

NPPA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *