Icyakorwa mu burezi ku wifuriza ineza u Rwanda mu mboni za Padiri Muragijimana

Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Kibirizi, Notre Mere du bon conseil yo muri Diyoseze ya Nyundo, Muragijimana Modeste agaragaza uruhare rwa buri wese mu guharanira u Rwanda rubereye bose, aho agaragaza ko umusanzu wa mbere ari uburezi bufatwa nk’iforomo ya byose.

Padiri Muragijimana agaragaza ko abarezi batanze uburezi bufite ireme hari umusanzu ukomeye byatanga.

Ati “Iyo umwana yize neza, niwe uvamo Padiri, Musenyeri, Perezida n’abandi bayobozi banyuranye b’ejo hazaza.”

Ni muri urwo rwego agaragaza uruhare rwa buri wese kugirango ubwo burezi butezwe imbere, bityo butange umusaruro witezwe.

Umubyeyi nk’ufite inshingano za mbere zo kwita ku mwana, Padiri Muragijimana amusaba gufatanya n’abarezi bo ku ishuri mu kwita ku bana

Asaba ababyeyi kubigiramo uruhare, ati “Turabasaba kugira uruhare mu myigire y’abana banyu ntimubaharire mwarimu gusa, mubahe ibikoresho munabasure mu mashuri yabo mureba imyigire yabo.”

Abarezi basabwa kutiganda mu kurerera Igihugu

Ku bijyanye n’abarezi, Padiri Muragijimana abasaba gukora mu bwitange barerera u Rwanda.

Ati “Turabasaba gukorera hamwe, mugakorera mu mwuka mwiza mwirinda icyabazanamo amacakubiri ahubwo mugatahiriza umugozi umwe mu guteza uburezi imbere.”

Abana na bo abasaba kwiga neza, barangwa n’ikinyabupfura cyo soko ya byose, kandi bakita ku byo bigishwa, kuko umwana uzi ubwenge umusiga akinogereza.

Padiri Muragijimana asaba abana gukura mu rugero nk’urwa Yezu wumviraga bose

Kiliziya Gatolika ishimirwa n’inzego zitandukanye zirimo Leta y’u Rwanda uruhare rwayo mu burezi bw’u Rwanda aho usanga ababyeyi benshi baba bifuza kujyana abana babo mu mashuri y’iri dini cyangwa ayo ifatanyije na Leta.

Mu cyumweru cy’uburezi Gatolika, uba n’umwanya wo gushimira abahize abandi

Icyumweru cy’uburezi Gatolika, ni umwanya ufatwa buri mwaka wo kugaruka ku burezi, ibyiciro bitandukanye bikungurana ibitekerezo ku cyakomeza guteza imbere uburezi.

Icyumweru cy’uburezi Gatolika ni n’umwanya wo gusasa inzobe kugirango uburezi bukomeze kunozwa uko bikwiye

Bwa mbere muri iki cyumweru, muri Paruwasi ya Kibilizi hasojwe iki cyumweru cy’uburezi Gatolika, kinahabaye bwa mbere kuko iyi paruwasi yashinzwe mu mwaka ushize.

Gashonga Jean Claude

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *