Amasaha arabarirwa ku mitwe y’intoki Chorale de Kigali ikinjiza abantu muri Noheli mu gitaramo kinogeye amatwi

Ku Cyumweru tariki 23 Ukuboza 2018, muri Kigali Conference and Exhibition Village, ahazwi nka Camp Kigali, mu cyumba Akagera Hall, guhera saa kumi n’ebyiri za ni mugoroba, Chorale de Kigali izasusurutsa abakunzi bayo mu gitaramo ngarukamwaka cyiswe ‘‘Christmas Carols Concert 2018’’
Ni muri gahunda iyi korali yatangiye kuva mu mwaka wa 2013 isusurutsa abakunzi bayo muri iki gitaramo cyamenyekanye cyane iririmba indirimbo za cyera zabiciye bigacika zirimo iz’abahanzi nka Hender n’abandi, hari kandi indirimbo y’irushanwa rikunzwe i Burayi ry’umupira w’amaguru wa Champions League.
Abakunzi b’indirimbo zihimbanywe kandi ziririmbanywe ubuhanga, bamenyereye ko buri mwaka, ku cyumweru kibanziriza Noheli, Chorale de Kigali ibategurira igitaramo kibafasha kwinjira muri Noheli no gusoza umwaka neza. Muri uyu mwaka, Chorale de Kigali ihishiye byinshi abakunzi bayo, harimo indirimbo nyinshi nziza zakunzwe mu binyejana bitandukanye, zaba ari izahimbwe n’abanyamahanga cyangwa iz’abahanzi b’abanyarwanda.

Abazitabira bahishiwe umwihariko udasanzwe

Visi Perezida wa mbere wa Chorale de Kigali, Rukundo Charles Lwanga, yatangarije Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru ko muri uyu mwaka abazitabira igitaramo, baziyumvira indirimbo zihimbwe mu buryo bwihariye, mu njyana zitandukanye kandi ziri mu ndimi nyinshi ugereranyije n’ibitaramo byabanje.  Ati ‘‘Nk’uko duhora tubisabwa n’abakunzi bacu, buri mwaka Chorale de Kigali uko iteguye igitaramo, ishaka umwihariko ku buryo uwaje mu bitaramo byabanje abona itandukaniro’’.

Image result for Christmas Carols Concert chorale de kigali
Chorale de Kigali

Akomeza avuga ko uyu mwaka, abakunzi babo bazumva indirimbo zinyura amatwi n’umutima. Ati ‘‘Abazitabira igitaramo cyacu bazumva ubukungu buri muri muzika y’u Rwanda batari bazi, aho tuzabaririmbira indirimbo basanzwe bazi zahimbwe n’abanyarwanda, ariko ziririmbwe mu buryo budasanzwe. Bazumva kandi ubukungu buri mu muziki uhimbwe mu ndimi z’amahanga harimo icyongereza, igifaransa, igitaliyani, ikidage n’icyesipanyole.’’

Mu bijyanye n’imyiteguro, avuga ko ku ruhande rw’abaririmbyi bahagaze neza ,amatike aboneka Impano Art Gallery iruhande rwa Economat kuri Saint Paul, muri Librairie ya Saint Michel no muri Librairie ya Sainte Famille.

Umwihariko wayo kuva yashingwa mu 1966

Kuva Chorale de Kigali yashingwa mu mwaka wa 1966, yagiye yitabira cyane kuririmba indirimbo zifasha abakristu gusenga n’izirata ibyiza by’u Rwanda, ariko gutegura ibitaramo nka Christmas Carols Concert, aharirimbwa indirimbo zihimbanywe ubuhanga zizwi nka ‘‘classical music”, ntibyahise bigerwaho, kuko wasangaga abazi ubukungu n’uburyohe buri mu muri uwo muziki ku buryo bawukunda bakaza kuwumva atari benshi.

Image result for Christmas Carols Concert chorale de kigali igitaramo
Abaririmbyi basusurutsa abitabiriye

Ni muri urwo rwego Chorale de Kigali yafashe iya mbere ikabimburira andi makorali gukundisha abanyarwanda umuziki uririmbwe mu buryo bw’amanota, aho yateguye ibitaramo kuva mu mwaka wa 2013, bigatuma abitabira bagenda bavumbura bwa bukungu batari bamenyereye, bityo n’umubare wabo ugenda wiyongera uko imyaka ishira indi igataha.

Intego y’iyi korali igeze he?

Rukundo avuga ko bishimira cyane ko abanyarwanda bamaze gukunda umuziki uhimbwe mu buryo bwa gihanga, kuko ugereranyije n’ubwitabire bwo mu myaka yabanje n’ubu, usanga hari intambwe yatewe.

Ikindi yishimira ni uko ari bo bafashe iya mbere mu gutegura ibitaramo nk’ibyo bigatuma n’andi makorali na yo atera ikirenge mu cyabo, na yo akaba ategura ibitaramo nk’ibyo. Ati ‘‘Twishimira ko ubu haba muri Kigali, haba mu ntara zitandukanye usanga amachorales ategura ibitaramo nk’ibyo dutegura kandi bikitabirwa. Ni icyerekana ko abantu bamaze gukunda umuziki uhimbanywe ubuhanga.”

Image result for Christmas Carols Concert chorale de kigali
Umucuranzi w’inanga n’abaririmbyi

Chorale de Kigali ni umuryango udaharanira inyungu, watangiye mu mwaka wa 1966, ubona ubuzima gatozi mu 1987, bwavuguruwe mu wa 2011. Yatangijwe n’abahanga muri muzika bari barabyize mu mashuri ya seminari n’ahandi. Ab’ikubitiro ni Professeur Paulin Muswahili na Saulve Iyamuremye. Ubu Chorale de Kigali ibarizwamo abanyamuryango bagera ku 135.

Chorale de Kigali
Igitaramo Chorale de Kigali igiye gukora mu kwinjiza abantu muri Noheli
Kwinjira bizaba ari ibihumbi icumi mu myanya y’imbere (10,000Frw) n’ibihumbi bitanu mu myanya y’indi (5,000Frw).
Ntakirutimana Deus