Tugomba kwamagana agasuzuguro twabonye-Ingabire avuga kuri filime ya Isimbi Alliance

Umuyobozi w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (TI-RW), Ingabire Marie Immaculée witabiriye igikorwa cyo gushyira hanze  filime yise ‘Alliah the movie’ igaruka ku ihohoterwa rikorerwa abagore ya Isimbi Alliance wamenyekanye muri Sinema Nyarwanda nka Alliah Cool asanga ihohoterwa rikorerwa abagore rikwiye kurwanywa aho riva rikagera.

Yabivugiye mu gikorwa cyo kumurika iyo filime cyabereye mu Mujyi wa Kigali ku Cyumweru, tariki ya 12 Nzeri 2021.

Iyo filimi imara isaha n’iminota 40 igaragaza ubuzima bw’umukobwa wakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye akiri isugi bikaza kumuviramo gutwita. Ni umwanya ukinwa na Isimbi Alliance uzwi nka Alliah Cool. Se aramufata akamushyira umusore wamuteye iyo nda, nyuma akaza kugira ubuzima bubi kuko uwo musore amuzaniraho indaya ndetse akajya anasambana nazo yumva bityo bikamubabaza.

Isimbi avuga ko ibyo yakinnye atari ubuzima bwe bwite  ahubwo ari ibyo agenda abona muri Sosiyete Nyarwanda. Yungamo ko agiye gukorana umwete agateza imbere Sinema Nyarwanda kandi yemeza ko afite imbaraga n’ubushake.

Ashimira abakomeje kumuba hafi agira ati “Ndashima Imana cyane yo yanshoboje kuba igikorwa nateguye kibashije kugenda neza, kandi ndabashimira ababashije kuza kuntera ingabo mu bitugu bose ntibagiwe n’itsinda ry’abayobozi banjye muri One Percent Management bafashe umwanya wabo bakaza mu Rwanda kuntera inkunga.”

Ingabire yamushimiye umuhate n’umurava yagaragaje cyane mu kugaragaza ibibazo abagore bahura nabyo, ati “Abahanzi turabakunda umunsi twababuze tuzababara. Uyu munsi mfite amarangamutima menshi kandi iyo nyafite simvuga. Alliance ndamukunda cyane. Nk’umuntu ubabazwa n’ibintu abana b’abakobwa bahura nabyo ngushimiye ibyo wakoze byereka abana uko bagomba kwitwara.”

“Tugomba kwamagana agasuzuguro twabonye. Nta muntu ukwiriye agaciro kuruta umugore. Ndagushimiye kandi nzakomeza ngushimire. Mureke dufatanye na Alliance kuyobora urubyiruko.”

Abazakenera iyo filimi ngo bazayibona kuri youtube

Ibi birori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye birimo Muyoboke Alex, Platini, Bruce Melodie, Rocky Kirabiranya, Anitha Pendo, Massamba Intore, Super Manager, DJ Pius n’abandi batandukanye. bari bambaye imyambaro idasanzwe.

 

Alliah yavuze ko azakora uko ashoboye kose akamenyekanisha Sinema Nyarwanda

Danis Christelle Igeno Uwase benshi bazi ku rubuga rwa Instagram nka “AmChristella” ndetse uri muri “Katapilla” ya Bruce Melodie

 

Alliah  n’umunyamakuru Bianca

 

Baraka ukina yitwa Justin muri iyi filime

 

Bruce Melodie

 

DJ Pius

 

Massamba areba filime ya Alliah

 

Massamba na Super Manager bari mu bari bitabiriye imurikwa ry’iyi filime

 

Platini P ari kumwe n’Abanya-Nigeria bafashije Alliah mu gukora iyi filime bazakomeza kumufasha no mu bindi

 

Rocky Kirabiranya na Ben Adolphe bafatana ifoto

 

Rosine Bazongere n’umunyamakuru Mustafa Kiddo bari bitabiriye iki gikorwa

 

Umuhanzikazi Gretta Gigi ari mu bari bitabiriye iki gikorwa

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *