Umugororwa wari ufungiye ibyaha birimo kugambanira igihugu yishwe arashwe agerageza gutoroka

Umugororwa witwa Nsengiyumva Jonathan w’imyaka 26 y’amavuko wari ufungiye muri gereza ya Nyanza, aho yarangirizaga igihano cya burundu yari yarakatiwe,  yarashwe mu ijoro ryakeye  ngo ashaka gutoroka iyi gereza.

Uyu musore yari afungiye ibyaha bimwe n’iby’uwahoze ari gitifu wa Cyuve [umurenge anakomokamo], Alfred Nsengimana watawe muri yombi hamwe n’abandi bantu bagera kuri 14  akaraswa muri Gicurasi 2014 agerageza gutoroka, nyuma yo gukekwaho ibyaha birimo ibyo kugambanira igihugu, kurema umutwe w’abagizi ba nabi, gukorana n’umutwe urwanya u Rwanda wa FDLR n’ibindi.

Amakuru yashyizwe ahabona n’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS), agaragaza ko uyu Nsengiyumva wari warahamijwe ibyaha byo kugambanira igihugu  no kurema umutwe w’abagizi  ba nabi, gutunga intwaro no kuzikwirakwiza, yagerageje gutoroka hagati ya saa moya  n’igice z’ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 28 Mutarama 2018.

Yaje kuraswa  arapfa, ubwo yari amaze kugera hanze ya gereza amaze kuyisimbuka ari kwiruka hanze yayo, nkuko amakuru ya RCS akomeza abigaragaza. Ikindi ngo ni uko abacungagereza bamurashe bamusanganye icyuma aho yaguye.

Uyu musore yari mu itsinda ry’abantu batandukanye barimo n’uwari gitifu w’Umurenge wa Cyuve n’ubundi akomokamo, waje kuraswa agerageza gutoroka nkuko byatangajwe n’inzego zitandukanye mu myaka yashize.

Uwari gitifu wa Cyuve(mu ruziga)

Yafunzwe tariki ya 19 Werurwe 2014.  Mu Kuboza 2014, yemereye imbere y’urukiko ibyaha yashinjwaga byose anagaragaza ko bari bafatanyije n’uwari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, waje guhakana ibi byaha akarahira akomeje ko bamubeshyera, kuko ngo uretse no kubikora, atarota agambanira igihugu cyamwibarutse.

Abari bakurikiranyweho iki cyaha

 

Abari muri iri tsinda baje gukatirwa ibyaha bitandukanye n’Urukiko Rukuru rwa Musanze, ku wa kane tariki 12 Werurwe 2015. Rwemeje ko  Nsengiyumva na bagenzi be 11 bahamwa n’ibyaha, bakatirwa ibihano bitandukanye,. mu gihe batatu muri bo bagizwe abere bakarekurwa.

Abari bakurikiranywe, harimo abagizwe abere

Iki kibazo kije gikurikira itoroka ry’abandi bagororwa batatu batorotse iyi gereza mu mwaka ushize, bari bakurikiranyweho ibyaha bikomeye.

Ubuyobozi bwa RCS butangaza ko bugiye kongera imbaraga mu bijyanye n’ ubukangurambaga ku bafunze bubasobanurira ibibi byo gutoroka.