Nyarugenge: Ba nyiri bare, resitora, utubari n’amavuriro basinye imihigo yo kugaragaza isuku aho bakorera

Isuku ni isoko y’ubuzima ku Isi, aho yabuze usanga igira ingaruka ku buzima, zirimo n’urupfu. U Rwanda rwiyemeje guharanira iyi suku usanga ituma runashimwa ku rwego mpuzamahanga.

Uyu mwera uvuye ibukuru ntiwasigaye no mu nzego zo hasi. Ni muri urwo rwego ku wa gatandatu tariki ya 21 umurenge wa Nyarugenge ufatanije n’inama njyanama yawo, ,inzego z’imutekano  babyukiye mu bikorwa byo gutangiza ubukangurambaga mu isuku n’umutekano aho Komisiyo zigize Inama njyanama ,abakozi b’umurenge n’inzego z’umutekano bigabanyije  ibyiciro bizagenzurwa muri ubu bukangurambaga (campaign), bakora ubugenzuzi  hagamijwe kureba   ishusho y’isuku n’umutekano muri ibyo byiciro ndetse bajya inama  z’ikigiye gukorwa  muri aya mezi atandatu ubu bukangurambaga buzamara.

Komisiyo y’Ubukungu  mu nama njyanama yari iyobowe na Munyankindi Monique  yakoze ubu bugenzuzi muri za Bare na resitorazo mu kagari ka Biryogo. Komisiyo y’imibereho myiza yabukoze mu mavuriro, Centre Medico Social Biryogo n’ikigo nderabuzima cya Rwampara. Mu hihe komisiyo y’ibutabera  yayigenzuye mu ngo aho harebawaga  ko abaturage bafite ubwiherero kandi bumeze neza, ndetse ko banafite uburyo bunoze bwo gukaraba intoki , ko  abaturage bafitanye amasezerano na  Rwiyemezamirimo ubatwarira imyanda kandi bamwishyura neza, harebwaga kandi itara ry’umutekano  n’ibindi. Komisiyo y’Imiyoborere myiza bo bakoze ubugenzuzi  bw’isuku mu bigo by’amashuri  bajya inama z’ibyihutirwa bigomba gukosoka mbere yuko amashuri atangira n’ibindi.

Ni nyuma yaho habaye umuhango wo gusinyana  imihigo  y’isuku n’umutekano aho , Umunyabanga nshingwakorwa yasinyanye n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari,Nyuma nabo basinyana n’abayobozi b’Imidugudu,club z’ubuzima n’intore ziri kurugerero.

Ibi byiciro kandi byagenzuwe byiyongereyeho amashuri n ‘ahandi hahurira abantu benshi basinye imihigo y’ibizitabwaho muri ubu bukangurambaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge Havuguziga Charles yamuritse umwanya ku mugaragaro ibyumba 5 by’amashuri  abanza ya Biryogo byubatswe  mu minsi ishize, anashimira inkunga abaturage  batanze yaba iy’amafaranga ndetse n’iy’amaboko.

Abaturage b’umurenge wa Nyarugenge bakaba bakusanyije amafaranga  asaga Miliyoni 10.

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge  wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ndayisenga Jean Marie yasabye abatuye umurenge wa Nyarugenge ko imihigo basinyiye imbere y’ubuyobozi itaba amasigaracyicaro ahubwo ko   kwicungira umutekano no kugira isuku byaba umuco , akomeza asaba ko  bigomba gukorwa  umunsi ku munsi.

Ati “Ibi dukoze si ukugirango muhore muzengurukana igikombe gusa ahubwo bibe mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’abaturage; byaba ari ukwirinda indwara zaterwa n’umwanda cyangwa ikindi cyose cyahungabanya umutekano w’abantu”.

Ashoma ubuyobozi bw’umurenge kubera amashuri avuga ko aei meza bubatse kandi mu gihe gito gishoboka ( iminsi 60),  bityo akaba abishingiraho yemeza  ko kwicungira imutekano no kugira isuku bitabananira.

Ubu bukangurambaga bwatangijwe tariki ya 19 Mutarama 2018 ku rwego rw’imujyi wa Kigali. Umurenge wa Nyarugenge  akaba ariwo ubaye uwa mbere mu gutangiza ubu bukangurambaga.

Ubugenzuzi bwakozwe  mu gitondo n’itsinda rya Komisiyo y’Ubukungu aho bagenzuraga isuku muri za Restora mu kagari ka Biryogo.

Abahagarariye ibigo nderabuzima  basinyanye imihigo y’isuku n’umutekano n’ubuyobozi bw’Umurenge imbere y’abayobozi b’akarere ka Nyarugenge.

Shema Shop wateye inkunga y’amafranga  ifatika mu  igikorwa cyo kubaka amashuri  yashimiwe n’Umurenge  wa Nyarugenge.

Coordinator wa Rwanda Youth Volunteers in community Policing  Mu Murenge  wa Nyarugenge  yashyikirijwe Certificat na Vice mayor Social w’Akarere ka Nyarugenge ku muganda  udasanzwe  bajyaga bakora ku mashuri yubatswe.

Ibi nibyo byumba by’ amashuri abanza ya Biryogo  yubatswe  yamurikiwe abaturage n’ubuyobozi bw’ikigo Kumugaragaro.