Ibirori byari byarabuze i Muhanga byatangiranye n’intsinzi ya AS Muhanga

Umwaka umwe, Muhanga yagaragaraga nk’umujyi utarimo urujya n’uruza rw’abantu bari bamenyerewe bagana sitade ya Muhanga imwe mu zubatse neza mu Rwanda.
Muhanga yongeye kuganwa n’abantu benshi bagana kuri sitade kureba umupira.
Impundu z’urwanaga zongeye kuvugira i Muhanga, ubwo iyi kipe yatsindaga Police Fc ibitego 2-1 mu mukino w’ishiraniro wabaye ku Cyumweru tariki ya 21 Ukwakira 2018. Hari mu mukino wa mbere iyi kipe ikinnye muri Azam Rwanda Premier League.
Abafana ba AS Muhanga(ifoto/ Hillywood)

Mu mukino wayo na Police yatangiye isa n’irushwa, police yihariye umukino nk’uko Hillywood yabyanditse.

Bitewe n’amakosa y’abakinyi ba myugariro,  Police FC  yaje kubabona igitego ku mupira bahereje umwe mu bakinnyi bayo ahagaze wenyine atera mu izamu igitego kiba kiranyoye.

Igice cya mbere kirangira ari igitego 1 cya Police ku busa bwa AS Muhanga

AS Muhanga yishimira igitego cyayo cya mbere

Igice cya kabiri kigitangira mu minota nka 15 ya mbere, umusore Bizimana Yannick wambara nimero 10 winjiye mu kibuga asimbuye ahindura umukino maze ayitsindira igitego cya mbere.

Muhanga mu gice cya kabiri yihariye umupira itera amashoti maremare ishakisha ikindi gitego ku munota wa 82 w’umukino habonetse ikosa ku izamu rya Police Fc maze Ntirushwa Aime wambara nimero 11 w’ikipe ya AS Muhanga ahana ikosa n’ishoti rirerire maze rihita rigana mu izamu

” />

Abafana bari bahagurutse baryohewe n’umukino

Umukino waje kurangira ari ibitego 2 bya AS Muhanga kuri 1 cya Police FC.

Umutoza wa AS Muhanga Abdu Mbarushimana atangaza ko ikipe n’ubwo yatangiye ihuzagurika ari ukubera ko ariyo yarikinnye umukino wa mbere wa shampiyona.

Akomeza avuga ko mu gice cya kabiri bashyize hamwe bakina umupira mwiza  kandi ubereye ijisho wanatumye batsinda.

Avuga ko abakinnyi bigaragaje aribo Yannick na Aime bigaragaje kuva kera bakiri mu cyiciro cya 2 rero ko ibyo bakoze nibabikomeza ari abakinnyi bazahatanga ibyishimo mu mupira w’amaguru kandi ko nibagira amahirwe aba bana ntibabe bahura n’imvune ntakabuza bazigaragaza

Abdu akomeza avuga ko ashimira abafana uburyo bitwaye kuri uyu mukino kuko bari bitabiriye ari benshi kandi bagaragaje ko bashyigikiye ikipe aboneraho no gusaba abafana hamwe n’abaterankunga ko bashyigikira iyi kipe bakabasha kuziba icyuho cy’ihindagurika ry’ingengo y’imari uturere twageneraga amakipe afashwa natwo kugirango batazisanga muri shampiyona ikipe itagitanga ibyishimo nkuko itangiye bitewe n’amikoro make.

Ntakirutimana Deus