Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana

Yvan Buravan, umuhanzi wari umaze kuba icyamamare mu njyana ya R&B, yapfuye ku myaka 27 azize indwara.

Byatangajwe n’ushinzwe kureberera inyungu nkuko yabibwiye BBC dukesha iyi nkuru.

Yvan Burabyo, uzwi cyane nka Buravan, yari amaze iminsi yivuriza mu Buhinde cancer y’impindura ari nayo yamuhitanye, nk’uko biri mu itangazo ry’ikigo kireberera inyungu ze.

Buravan yivurije mu Rwanda, muri Kenya no mu Buhinde mbere y’uko iyi ndwara imuhitana.

Bruce Twagira, uzwi cyane nka Bruce Intore, wari ushinzwe inyungu za Buravan, yabwiye BBC ati: “agiye vuba cyane hari byinshi adashoboye gukora, ariko ntibikuyeho byinshi yakoze. Umurage we uzagumaho.”

Uburwayi bwa Buravan ni inkuru yagarutsweho na benshi mu Rwanda bakunda umuziki we, kandi urupfu rwe benshi berekanye ko rwabababaje.

AY Masta, umuhanzi wo muri Tanzania, yatangaje ubutumwa bw’akababaro atewe n’urupfu rwa Buravan.

Buravan yavukiye i Gikondo mu mujyi wa Kigali, yari bucura (umuhererezi) mu bana batandatu bava inda imwe nawe.

Impano ya Buravan yamenyekanye ubwo yabaga uwa kabiri mu marushanwa ya muzika ku rwego rw’igihugu afite imyaka 14.

Indirimbo ye yitwa ‘Malaika’ yasohoye mu 2016 iri mu zakunzwe cyane mu Rwanda zituma nawe yamamara.

Mu 2018 yegukanye igihembo mpuzamahanga cya Prix Découvertes gitegurwa na RFI ifatanyije na UNESCO n’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, OIF.

Izindi ndirimbo ze nka ‘Just Dance’, ‘Si Belle’, ‘Ye Ayee’, cyangwa iyitwa ‘Garagaza’ yakoranye na se Michael Burabyo, zarakunzwe cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *