U Rwanda n’u Burundi baganiriye ku bufatanye mu by’ubutabera

U Rwanda rumaze guha u Burundi abakekwaho ibyaha 19 mu gihe nabwo bumaze kuruha 11 kuva mu mwaka w’2015 havuka umwuka wazanye agatotsi hagati y’ibihugu byombi.
Ibyo ni bimwe mu byagaragajwe biri mu biranga ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu biganiro byahuje Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja na mugenzi we w’Ubutabera mu Burundi, Domine Banyakimbona wageze mu Rwanda ayoboye intumwa zirimo abo mu nzego z’ubutabera no mu z’umutekano kuwa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022.
Abahererekanyijwe mu bihe bishize hagati y’ibihugu byombi ni abakekwaho ibyaha bashinjwa guhungabanya umutekano w’ibihugu byombi.
Uretse ibyo u Rwanda rwafashije mu itahuka ry’impunzi z’Abarundi zari ku butaka bwarwo. Dr Ugirashebuja avuga ko kuva muri 2020 kugera mu kwezi k’Ukuboza k’umwaka ushize wa 2021, nabwo u Rwanda rwafashije impunzi z’abarundi 29,442 mu zikabakaba ibihumbi 72 ziri mu nkambi ya Mahama.
Agira ati “U Rwanda n’u Burundi ni ibihugu by’ibivandimwe(sisters countries), icyo dusangiye kiruta kure icyo dupfa….. Twishimiye ko umubano wacu twembi utangiye gufata icyerekezo gishya tubifashijwemo n’abakuru b’ibihugu byacu”.
Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro
Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro

Ku ruhande rw’u Burundi, Minisitiri w’ubutabera Madame Banyankimbona avuga ko ibihugu byombi bizakomeza kunoza ubufatanye barindana inkozi z’ibibi.

Agira ati “Tuje kuganira ku bijyanye n’ubutabera cyane cyane ku guhashya inkozi z’ibibi, no gukurikirana uwo ari we wese ushinjwa guteza umutekano muke, kugira ngo ubutabera bw’ibihugu byombi burusheho kuba bwiza”.

Akomeza avuga ko bishimiye kwakira impunzi zari mu Rwanda ubu zasubijwe mu kazi zikigera mu Burundi, kandi zikaba ngo zaracungiwe imitungo kuva zayivamo, ubu zikaba zirimo kubaka igihugu nk’abandi baturage.

Ku bijyanye no guhererekanya abakekwaho ibyaha, muri Nyakanga 2021, u Rwanda rwashyikirije u Burundi inyeshyamba 19 zivuga ko ziri mu mutwe w’abarwanyi wa RED Tabara, uwo mutwe ugizwe n’abahoze mu gisirikare cy’u Burundi bavuga ko bagamije kubohora icyo gihugu,  bafatiwe muri Nyungwe muri Nzeri 2020.

U Burundi bwo bwashyikirije u Rwanda abarwanyi 11bo mu mutwe FLN wigambaga ibitero byahitanye abaturage mu nkengero z’ishyamba cyimeza rya Nyungwe, bashyizwe mu biganza by’u Rwanda mu Kwakira 2021.

Impande zombi zivuga ko ibimaze kugerwaho ari ibyo kwishimira kandi bigaragaza ubushake bwo kongera kuzahura umubano. Uwo mubano wajemo agatotsi ubwo mu Burundi hapfubaga igikorwa cy’ihirikwa ry’ubutegetsi, u Burundi bugashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibyo bikorwa, mu gihe u Rwanda rubushinja gucumbikira abashaka kurugirira nabi.

Abayobozi mu biganiro

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *