Dutembere mu gishanga cya Nyandungu ahantu nyaburanga habungabunga ibidukikije

Tugane tukwamamarize ibikorwa byawe ku giciro kikunogeye, telefone 0788518907 iri no kuri WhatsApp

Muri Kamena 2021, Minisiteri y’Ibidukikije yatangaje ko imirimo yo gutunganya igishanga cya Nyandungu (Nyandungu Wetland Eco-Tourism Park) igeze ku musozo bityo ngo Abanyarwanda bashonje bahishiwe kuko bazajya bahasura ibikorwa bitandukanye, imwe muri iyi mirimo yamaze gusozwa.

Icyo gihe Minisitiri  w’Ibidukikije Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc yavuze ko Abanyarwanda bashonje bahishiwe aho bazajya babona ahantu bajya gutemberera. Ati “Dushonje duhishiwe aho tuzajya tubona ahantu tujya guhumeka umwuka mwiza no kubona inyamaswa zaragarutse mu gishanga cya Nyandungu zitarahaherukaga.”

Ibyavuzwe n’uwo muyobozi birsaba n’ibigiye kuba impamo kuko imwe mu mirimo yakorwaga muri icyo gishanga yamaze gusozwa,  ubu hubatswe ibikorwa nyaburanga bikurura ba mukerarugendo, birimo aho bafatira amafunguro, aho baruhukira ndetse hari n’ibindi bintu byakurura abahasura.

Nyandungu Urban Wetland Eco-Tourism Park, ni uburyo iki gishanga kiri gutunganywamo, ni igishanga giherereye mu Mirenge ya Ndera ho mu Karere ka Gasabo na Nyarugunga muri Kicukiro,  gifite ubuso bwa hegitari 134. Hatekerejwe ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, kubakamo ibikorwaremezo no kubibyaza umusaruro binyuze mu kwakira ba mukerarugendo basura Umujyi wa Kigali rimwe na rimwe bakeneraga aho kuruhukira hafi. Uyu mushinga ugabanyije mu byiciro bitanu birimo ahari igishanga hagumishijwe uko hari bimeze, ibiyaga karemano, ubusitani bw’imiti ya Kinyarwanda yakoreshwaga mu kuvura,za resitora  restaurants) n’ahashobora kureberwa cyangwa gukinirwa amakinamico.

Iki gishanga kiri ahazwi nko kuri 15 hagati y’Akarere ka Kicukiro n’aka Gasabo,  gahunda yo kugitunganya yatangiye muri 2017 ishowemo asaga miliyari eshanu  z’amafaranga y’u Rwanda, yo kugitunganya kugira ngo kibe cyakorwamo n’ibikorwa by’ubukerarugendo.

Muri Kamena Minisitiri Mujawamariya yerekwaga aho imirimo yo gutunganya iyi pariki igeze

Mu mwaka w’ 2015 ni bwo hatekerejwe umushinga wo guhindura iki gishanga no kukigarurira ubuzima kikitwa Pariki y’Ubukerarugendo bubungabunga Ibidukikije. Ni imirimo byari biteganyijwe ko yari gusozwa mu 2020, ariko iza guhindurirwa igihe kubera impinduka zabayeho zo gutunganya icyo gishanga ku rwego ruruseho.

Igishanga cya Nyandungu giherereye mu Mirenge ya Ndera ho mu Karere ka Gasabo na Nyarugunga muri Kicukiro, byari biteganyijwe ko izasozwa mu 2020 ikozwe mu byiciro bibiri ariko iza kudindizwa n’impinduka zabaye mu guhindura inyigo ya mbere.

Amwe mu mafoto agaragaza ibimaze kuhakorerwa

Hahanzwe pariki ifasha mu kubungabunga ibidukikije ari nako ikurura ba mukerarugendo
Ugeze ahahanzwe ibi bikorwa yihera amaso ibyiza nyaburanga
Zimwe mu nzu zahubatswe nta ruhare zigira mu kwangiza ibidukikije
Hari ibihangano bibereye amaso
Ubusitani bwibutsa uruzinduko Papa Jean Paul II yagiriye mu Rwanda mu 1990, hamwe mu ho yakiriwe mu Rwanda ni muri ubu busitani n’i Mbare muri Muhanga
Ibimera byahatewe birimo imigano n’ibindi bitanga akayaga gafasha abaharuhukira kumva bari ahantu nyaburanga koko
Ibimera bituma hagaragara ko ari ahantu nyaburanga

Abahasura bafashwa kumenya imiti yakoreshwaga mu buvuzi gakondo, aha hari umuravumba n’iyindi
Inzira zaho zatunganyijwe mu buryo bunogeye amaso
Ibiranga ibyerekezo byaho birimo ibiganisha ku biyaga bihangano
Icyerekezo cya Kivu
Hahanzwe ahantu heza ho kuruhukira abantu basangira ari nako banaganira
Aho gufatira ibribwa hakikijwe n’ubusitani bugezweho

Amafoto/Felix Uwitonze

Yanditswe na Ntakirutimana Deus

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *