Muko: Ibikorwa bamaze kugezwaho na FPR bituma bazirikana icyo basabwa

Bamwe mu batuye Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze baravuga ko basabwa gutora FPR Inkotanyi mu matora y’Abadepite kandi ko babyiteguye bakurikije ibyo yabagejejeho.

Muko ni umurenge urimo ibikorwa remezo bitandukanye birimo Urugomero rw’amashanyarazi rwa Mukungwa II, umuhanda wa kaburimbo Musanze-Vunga, amashuri abanza muri buri kagari, Ikigo nderabuzima n’ikigo nyunganirabuzima mu tugari tubiri tw’uyu murenge.

Ibyo bikorwa byagarutsweho na Munyandamutsa Ephrem, ushinzwe ibikor2a byo kwamamaza FPR Inkotanyi muri aka karere, hari mu gikorwa cyo kwiyamamaza cy’uyu muryango muri uyu murenge ku Cyumweru tariki ya 26 Kanama 2018.

Munyandamutsa avuga ko ibyakozwe ari byinshi kandi bigikomeza. Ati ” Urebye ibikorwa byinshi byarakozwe, ariko ntibizahagarara kuko Umuryango FPR Inkotanyi uhora urajwe ishinga no guteza imbere Abanyarwanda, niyo mpamvu twabasezeranyije ko tuzabakorera n’ibindi biruseho.”

Yongeraho ati ” Muri Muko bageze kuri byinshi nk’uko byagaragajwe n’abatanze ubuhamya. Hatunganyijwe imihanda utugari twose tugerwaho, umurenge ni nyabagendwa.

Abaturage barahinga bagemurira amasoko, ubworozi buravugururwa nk’uko Munyandamutsa akomeza abivuga.Nta bibazo by’abana bari mu mutuku bahari nkuko byagaragaraga kera. Hari Ikigo Nderabuzima cya Kabere gifasha abaturage, hari poste de sante mu tugari 2 n’ahandi bizakomeza. “Mu kwamamaza yabasabye kuzatora FPR ngo byiyongere mu buryo bugaragara.

Ati ” Abadepite ba FPR Inkotanyi nibaba benshi mu nteko bazatora amategeko meza ababereye, atuma mutera imbere nk’uko isanzwe ibigenza. Murasabwa mwese gutora Umuryango wacu tugakataza mu iterambere.”

Buri Kagari gafite ishuri ribanza, ubutaha tuzaba dufite amashuri yisumbuye.Gutora FPR ni ukongera poste de sante, kongera amashanyarazi, amazi. Ni ugutora ubuzima , imibereho myiza, uburezi bufite ireme.”
Munyankusi Augustin ufite ubumuga, ugendera mu kagare,  avuga ko azatora byihariye Mpembyemungu kubera ko ubwo yari ayoboye akarere ka Musanze yamuvuje yararembeye mu nzu akava mu bitaro nta faranga atanze ndetse n’ukuguru kwashoboraga kumukururira ibibazo bakakuvura.
Mpembyemungu Winifride umwe mu badepite ba FPR Inkotanyi yabwiye abaturage ko na we ari umwe mu bakandida ariko ko atari we bazatora gusa; ko bagomba gutora FPR na we bakazaba bamutoye.Abatanze ubuhamya bagaruka ku iterambere FPR yabagejejeho, bakaba bavuga ko bazayitora ngo ikomeze kubateza imbere.

Ntakirutimana Deus