Inyandiko-mpesha zose ziratangira kurangizwa mu buryo bushya bw’ikoranabuhanga

Leta y’u Rwanda yatangaje ko guhera tariki 2 Nyakanga 2021 irangizwa ry’inyandiko-mpesha zose zizajya rikorwa hifashishijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bumaze kubakwa.

Minisiteri y’ubutabera ifite mu nshingano iby’iki gikorwa itangaza ko ishishikariza abifuza gupiganirwa imitungo runaka muri cyamunara gusura urubuga www.cyamunara.gov.rw
Gupiganirwa imitungo mu buryo bw’ikoranabuhanga byigeze gutangizwa ariko biza gusubikwa ngo binozwe neza.
Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston ndetse n’abakozi b’iyo minisiteri basobanuye ibyiza biri muri ubu buryo bushya bwitezweho kutazagira ubwitwaza ko bwamurenganyije kuko buzakora mu buryo bwa gihanga.

Ubu buryo bugenwa n’Iteka rya Minisitiri ryerekeye irangizwa ry’inyandiko-mpesha hakoreshejwe ikoranabuhanga, hamwe n’Iteka rya Minisitiri rigena imiterere y’inyandiko-mpuruza.

Ibi bivuze ko cyamunara zabanje kujya zikorerwa ahari umutungo mu buryo bwari gakondo zatangiye gukorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko bwaje gusubikwa gato[mu gihe cy’amezi atatu] ngo bubanze bunozwe neza, ubu bukaba bugiye gusubukurwa kandi butanga igisubizo kirambye nkuko biherutse kweymezwa na Madame Urujeni Martine, Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage.

Muri ubu buryo abakomisiyoneri bavugwagaho kuba kidobya muri iyi gahunda bazibiwe amayira.

Ibyiza by’ubu buryo n’uko buzajya bukoreshwa waboma hano
Itangazo ry’itangizwa ry’ubu buryo