Icyo u Rwanda ruvuga ku bitero byo muri Ukraine

U Rwanda rwagaragarije amahanga ko rudashyigikiye ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine, ni ibitero bimaze iminsi bihitana abarimo abasivili.

U Rwanda rwabigaragarije mu nama rusange ya ONU/UN (Loni) yateranye kuwa gatatu aho abahagarariye ibihugu batoye ku bwiganze bamagana ibitero by’u Burusiya basaba ko buhagarika ibyo bikorwa.

Igikorwa cy’iyo nama cyari kigamije gushyira Uburusiya mu kato ku ruhando rwa dipolomasi y’isi, bityo n’u Rwanda rwatoye ko rudashyigikiye ibyo u Burusiya buri gukora.

Mu bihugu 193 bigize Loni uwo mwanzuro washyigikiwe n’ibihugu 141, ibihugu 35 byanze kugira uruhande bijyaho, bitanu (5) byatoye biwanga, mu gihe hari ibindi bitatoye.

U Rwanda rwatoye rwemeza umwanzuro wo gushyira u Burusiya mu kato, kimwe na Kenya, ibindi bihugu byo mu karere byifashe.

Icapa c'ingene amatora yagenze mu nama ya bose ya ONU

Icyatsi: Abadashyigikiye u Burusiya

Umutuku: Abashyigikiye u Burusiya

Umuhondo: Abifashe

Mbere y’iri tora, Joseph Sebarenzi impuguke mu bibazo by’ububanyi n’amahanga yabwiye BBC ko nubwo ibihugu byinshi bya Africa byari bicecetse ariko hari impamvu byagombaga kwerekana uruhande rwabyo.

Yagize ati: “Africa ifite inyungu nyinshi ku bihugu by’i Burayi kuruta uko izifite ku Burusiya… Muri rusange wavuga ko Africa iri ku ruhande rw’u Burayi kurusha uko iri ku ruhande rw’u Burusiya.”

Iyi nama rusange idasanzwe yasabwe n’akanama gashinzwe umutekano ku isi, inama rusange nk’iyi idasanzwe yaherukaga guterana mu 1982, nk’uko biri ku rubuga rwa loni.

Mu mwanzuro wo kuwa Gatatu u Burusiya bwashyigikiwe na Belarus, Eritrea, Korea ya Ruguru, na Syria, hamwe n’Uburusiya ubwabwo.

Abategetsi b’ibihugu byinshi bya Africa kugeza kuri uwo munsi bari baririnze kugaragaza uruhande bubogamiyeho muri iyi ntambara.

Umwanzuro nk’uyu wa ONU nta tegeko ryo kuwushyira mu bikorwa uba ufite, gusa abasesenguzi bavuga ko wongera ibikorwa byo gushyira u Burusiya mu kato.

Intambara muri Ukraine yakomeje no mu gihe iyi nama idasanzwe yari iteranye, ibisasu bikomeza kuraswa ku migi ikomeye n’abasirikare bagerageza kubikurikira ngo bayifate.

Linda Thomas-Greenfield uhagarariye Amerika muri Loni yanenze u Burusiya gukaza ubugome muri iyi ntambara avuga ko burimo gukoresha intwaro zimwe nka bombe z’umwuka n’izindi zibujijwe mu mategeko mpuzamahanga.

Vassily Nebenzia uhagarariye u Burusiya muri Loni yahakanye ko ingabo zabo ziri kwibasira abasivile, ashinja leta z’iburengerazuba gushyira igitutu ku bindi bihugu ngo uyu mwanzuro wemezwe.

Nebenzia yasubiyemo ko ibi bitero by’u Burusiya bigamije guhagarika ibikorwa bibi bikorerwa abasivile muri Donetsk na Luhansk uduce twa Ukraine duheruka kwemerwa na Moscow nk’ibihugu byigenga.

Nebenzia yongeyeho ko kwemeza uyu mwanzuro bishobora kongera ubukana bw’intambara.

Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa – bwatoye ko nta ruhande bufashe, yavuze ko uyu mwanzuro “utaganiriweho byuzuye n’abagize iyi nama”.

Yongeraho ko “utareba mu buryo bwuzuye amateka n’urusobekerane ruri muri aya makimbirane”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *