Kuwa kabiri tariki ya 1 Ugushyingo 2022, Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, abayobozi barimo uw’ingabo na polisi mu ntara, abanyamuryango ba koperative COAMALEKA ikorera mu gishanga cya Gikoro kiri hagati y’Imirenge ya Rukoma na Karama mu karere ka Kamonyi bifatanyije n’abaturage mu muganda wo gutera ifumbire mu bigori yatanzwe na Leta mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe no kongera umusaruro mu buhinzi.
Uko umuganda wagenze mu mafoto
Ibigori byo mu gishanga cya Gikoro byatewe ifumbire ku kigero cya 60% mbere yo kubiteraho indiMbere y’umuganda, Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi yasobanuriwe n’umujyanama w’ubuhinzi uko basanzwe batera ifumbire n’ibipimo bagiye kugenderahoMinisitiri Mukeshimana yameneraga ibigori, umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’amajyepfo ashyiraho ifumbireGuverineri w’intara y’amajyepfo Madame Kayitesi Alice yabagaraga ibigori igihe hashyirwagaho ifumbireByari nk’ubusabane bw’ingabo n’abaturage zabohoye, mu gihe cy’umuganda ugamije kubarinda amapfaUmuyobozi w’akarere ka Kamonyi na we ku rundi ruhembe ahangana n’amapfa(uwambaye ubururu)Ingabo z’u Rwanda RDF zishyira ifumbire ku bigoriMinisitiri Mukeshimana amaze kubona ubuke bw’imashini zuhira yabemereye inkunga y’izindiIbigori nyuma yo kuhirwa no guterwamo ifumbireIgishanga cya Gikoro muri Karama ya Kamonyi gihinzemo ibigori bibereye ijishoMu rugamba rwo kudatezuka, ingabo zagiye imbere abaturage n’abayoboziMu gihe kirenze isaha abaturage n’abayobozi ndetse n’ingabo na polisi ntibatezukagaMinisitiri Mukeshimana yerekera uko bahinga bagamije kwihaza mu biribwaAhatageraga amazi y’iyi mashini yuhira, abatutage bafashe ibikoresho bisanzwe baruhiraAka gapfundikizo gafitwe n’umusirikare gafasha mu kutibeshya ingano y’ifumbure ikoreshwaNyuma y’umuganda, abaturage bicaye basaba Minisitiri kubakorera ubuvugizi ku mashanyarazi, nawe ababwira icyo igihugu kibifuzaho(gukora bagahangana n’inzara yatera)Biyushye akuya kugirango bacyure umubyiziUburyo bwo kuhira bufatwa nk’ubugezweho bushushe nk’imvura iri kugwa bwafasha benshiAbajyanama b’ubuhinzi bashimiwe na Minisitiri Mukeshimana ko bazingatiye ibipimo by’uko ifumbire ikoreshwaUyu mujyanama yafashaga mu kwibutsa ingano ikwiyeNyuma y’umuganda Mukeshimana yabwiye abaturage ko bahisemo neza kwitabira ubuhinzi ngo igihugu kitaba mu byibasiwe n’amapfa yibasiye akarereAbahinzi bagejeje ibyifuzo kuri leta byiganjemo kuyishimira ko iri kubumvaAbayobozi bakoze ubutaruhukaIgikorwa cy’umuganda ukirebera kureUwakoze asoza n’akanyamuneza ko kwishimira ibyo akozeNta kudohoka, abayobozi bakoze nka nyakabyiziUbwoko bw’ibigori bihingwa n’abagize iyi koperativePerezida wa koperative ihinga imbuga n’ibigori mu gishanga cya Gikoro gifite ubuso hafi Ha 90 n’abanyamuryango 900Bizeza igihugu ko batazatezuka guhinga ngo baticwa n’inzara
Minisitiri Mukeshimana, umwe mu borohereza itangazamakuru aganira naryo