Abategetsi muri Afurika bashobora kuba bagiye kwiruhutsa kubera Bensouda
![](https://thesourcepost.com/wp-content/uploads/2021/06/images-2.jpeg)
Laurent Bagbo, Omar al-Bashir, Jean Pierre Bemba, Bosco Ntaganda ni bamwe mu batawe muri yombi bigizwemo uruhare na Fatou Bensouda, umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha-ICC.
Ku bw’ubuyobozi bwe muri uru rukiko nibwo humvikanye amakuru ko Afurika yunze ubumwe ishaka gatanya na ICC kuko ngo ibona urwo rukiko rwibanda ku bayobozi ba Afurika ntirebe ahandi, gusa ni umugambi wari witezwe mu nama yabereye i Kigali ariko utaragezweho.
Uyu mugore uvugwaho kutarebera abahungabanya uburenganzira bwa muntu muri Afurika, cyane cyane abayobozi b’ibihugu byayo agiye gusoza inshingano yari afite muri uru rukiko.
Ni inshingano zikomeye arukozemo imyaka isaga 20. Uyu munya-Gambia, arasoza izo nshingano tariki ya 16 Kamena 2021. Mu myaka hafi 20 amaze mu rukiko rwa ICC, icyenda muri yo yari aruyoboye. Agiye gusimburwa n’umushinjacyaha w’umwongereza, Karim Khan, uzwi mu bikorwa byo guharanira uburenganzira bwa muntu.
![Fatou Bensouda](https://gdb.voanews.com/85766C21-401F-4287-94C0-0B1EE350D6C9_w408_r1_s.jpg)
Muri kwa kutajenjekera abakekwaho ibyaha, Bensouda mbere yuko arangiza inshingano ze yasabye leta ya Sudani gutanga i LaHaye abagabo bane barimo Omar al-Bashir, bashinjwa ibyaha byo mu ntambara bakoreye mu ntara ya Darfur.
Fatou Bensouda yabisabiye mu kanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano kuri uyu wa gatatu.
Bensouda yavuze ko Sudani ikwiye kwerekana ko ari Sudani nshya by’ukuri. Yavuze ko abo bagabo bane bashakishwa basanzwe bari mu maboko ya leta ya Sudani kandi ko ntacyo abona cyababuza gushyikirizwa CPI.
Bensouda yabitangaje nyuma y’urugendo rwe rwa mbere mu ntara ya Darfur.
Mu kwezi kwa munani umwaka ushize, minisitiri w’intebe wa Sudani, Abdalla Hamdok, yavuze ko leta ye y’inzibacyuho yiteguye gukorana n’urwo rukiko. Gusa kugeza ubu nta n’umwe mu bakekwa gukora ibyo byaha uragezwa imbere y’uru rukiko.
Bensouda ni inde?
Mu 1987 yinjiye mu rugaga rw’abavoka mu gihugu cye. Muri uwo mwaka leta yamugize umujyanama, mu 1994 agirwa umushinjacyaha.
Umugore wakanyujijeho ku bwa perezida Yahya Jammeh
Mu 2002 yabaye umujyanama mu by’amategeko n’uwungirije umushinjacyaha mukuru mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania.
Guhera mu 2004 yabaye umushinjacyaha wungirije muri ICC yungirije Luis Moreno Ocampo, nyuma yaje kumusimbura mu Kuboza 2011. Icyo gihe yatoranyijwe n’ibihugu 120 bigize urukiko atoranywa mu bakandida 52 bari bahataniraga uwo mwanya.
Mu 2019 Amerika yamuhagarikiye viza yo kujya muri icyo gihugu kubera ko yari yatangiye ankete ku bikorwa by’abasirikare ba Amerika muri Afghanistan.
Uyu mugore wagiye afatirwa ibihano bitandukanye na Amerika ari mu bantu 100 bavuga rikijyana mu 2012 nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Time. Ikinyamakuru Jeune Afrique cyamushyize mu bagore 50 muri Afurika bakora akazi kabo neza.
Bensouda yashakanye n’umugabo w’umunya Maroke ukomoka muri Gambia. Babyaranye abana babiri barimo umuhungu we George w’imyaka 33 wiciwe muri Amerika mu 2017 ku bijyanye n’ibiyobyabwenge.
1 thought on “Abategetsi muri Afurika bashobora kuba bagiye kwiruhutsa kubera Bensouda”
Comments are closed.