Olivier, perezida mushya wa komite itaha ya FERWAFA

Nizeyimana Olivier Perezida wa Mukura VS aravugwaho kuba perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda mu minsi iri imbere.

Amakuru agera kuri The Source Post ni uko Nizeyimana ari we ufite amahirwe menshi yo gutorwa kuri uyu mwanya nk’umwe mu bantu baharaniye iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kandi akaba n’umwe mu bumvikana na minisiteri ya siporo.

Mu makuru yo mu nda y’Isi yatambutse kuri Radio 10 muri iki gitondo ni uko Nizeyimana muri iyi minsi aherutse mu nama ari kumwe na bamwe mu bafite ijambo mu mupira w’amaguru mu Rwanda, bagishwa inama n’inzego zo hejuru mu bijyanye n’uwo mupira.

Nizeyimana ntabwo aratanga kandidatire ye, ariko biteganyijwe ko isaha n’isaha ayitanga mbere yuko igihe ntarengwa cyashyizweho kigera.

Ku mbuga nkoranyambaga z’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda babaye nk’abaca ayo marenga, aho banditse ko bigiye kugera ku musozo.

Uwo mugabo witangiye umupira abicishije mu ikipe ya Mukura VS yabereye perezida mu gihe cy’imyaka isaga 10 aravugwaho kuba yazamura umupira w’amaguru mu Rwanda kuko azi ibyawo, abimazemo igihe kandi akaba n’umwe mu bavuga rikumvikana muri urwo rwego.

Nizeyimana azashyiraho amazina y’abantu bazakorana muri komite ye naramuka atowe.

Olivier Nizeyimana yari amaze imyaka 9 ari Perezida wa Mukura VS (Ifoto: Rwanda Magazine)

Olivier Nizeyimana yari amaze imyaka 9 ari Perezida wa Mukura VS (Ifoto: Rwanda Magazine)

Ibijyanye n’amatora

Mu nama y’inteko rusange idasanzwe ya FERWAFA yiga k’ubwegure bw’uwari perezida wa FERWAFA, Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene yabaye tariki ya 23 Gicurasi 2021, abandi batanu bari muri Komite Nyobozi ye beguye.

Ibi byari bivuze ko hasigaye 5 kandi bakaba batemewe gufata umwanzuro byatumye bahita bategura amatora tariki ya 27 Kamena 2021.

Kuwa Kane tariki ya 27 Gicurasi nibwo komisiyo ishinzwe amatora ya FERWAFA, yasohoye ibijyanye na gahunda yose y’amatora azaba tariki ya 27 Kamena 2021 kuri Lemigo Hotel saa 9:00’.

Gahunda y’amatora

Tariki ya 1-4 Kamena 2021: gutanga kandidatire ku bashaka kwiyamamaza

Tariki ya 5-8 Kamena 2021: kwiga kuri kandidatire zatanzwe

Tariki ya 9 Kamena 2021: gutangaza abemerewe

Tariki ya 10-14 Kamena 2021: gutanga ubujurire niba hari ubuhari

Tariki ya 15-16 Kamena 2021: kwiga ku bujurire

Tariki ya 17 Kamena 2021: gutangaza icyemezo cya komisiyo y’ubukurire y’akanama gashizwe amatora ka FERWAFA.

Tariki ya 18 Kamena 2021: gutangaza abakandida ntakuka bemerewe.

Tariki ya 19-26 Kamena 2021: kwiyamamaza ku bakandita bazaba bemerewe.

Amatora azaba tariki ya 27 Kamena 2021.

Imyanya izatorerwa

1. Perezida

2. Visi Perezida

3. Komisiyo y’imari

4. Komisiyo ya marketing

5. Komisiyo y’Iterambere ry’umupira w’amaguru

6. Komisiyo y’amarushanwa

7. Komisiyo y’umupira w’abagore

8. Komisiyo y’ubuvuzi

9. Komisiyo y’umutekano

10. Komisiyo y’amategeko

Ibisabwa kugira ngo wemererwe kwiyamamaza

1. Kuba uri Umunyarwanda

2. Kuba utari munsi y’imyaka 28 kandi atarengeje imyaka 70

3. Kuba umwanya wiyamamarizwa waratanzwe n’umwe mu banyamuryango ba FERWAFA

4. Kuba byibuze warakoze ibikorwa bifatika mu mupira w’amaguru mu gihe cy’imyaka 2 mu myaka 5 iheruka

5. Kuba uzwi nk’umuntu w’inyangamugayo

6. Kuba wararangije amashuri yisumbuye(ufite diploma cyangwa certificate)

7. Kuba byibuze uzi kuvuga indimi 2 mu ndimi zikoreshwa na FERWAFA

8. Kuba utarafunzwe cyangwa warakatiwe n’inkiko igihe kirenze amezi 6

9. Kuba utarigeze uhagarikwa na FERWAFA, CAF cyangwa FIFA

 

Komisiyo y’amatora ya FERWAFA yatangaje birambuye ibijyanye n’amanota ya Komite Nyobozi