Min. Uwihanganye na Guverineri Gatabazi basuye ibikorwa binini bizavana u Rwanda mu bwigunge 

Itsinda ry’abayobozi batandukanye bayobowe n’Umunyamabanga wa Minisiteri y’ibikorwa remezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Uwihanganye Jean de Dieu na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney n’abayobozi b’uturere twa Burera na Gicumbi biriwe mu bikorwa byo gusura ibikorwa bitandukanye by’iterambere biri kubakwa muri iyi ntara.

Ni igikorwa cyatangiye mu gitondo kikarangira mu ma saa sita z’ijoro ku wa Gatandatu tariki ya 13 Mutarama 2018. Ibikorwa byasuwe birimo imihanda mireremire izafasha kuvana abaturage mu bwigunge, ndetse n’igihugu muri rusange, dore ko ihuza intara zitandukanye. Ku ruhande rw’abaturage ngo bakomeje kwifuza kuva kera iyi mihanda, ariko ngo barabona inzozi zigenda ziba impamo.

Uruzinduko nyirizina rwatangiye Minisitiri Uwihanganye asura imihanda iri kubakwa mu mujyi wa Rubavu. Mu kiganiro yagiranye na Thesourcepost.com yatangaje ko basanze iri gukorwa neza, ku buryo banamwijeje ko muri Werurwe uyu mwaka izaba yarangiye, mu gihe amasezerano ya sosiyete iyubaka agena ko igomba kurangira bitarenze Gicurasi uyu mwaka.

Imihanda ifatiye runini intara y’Amajyaruguru

Akubutse i Rubavu yerekeje mu mujyi wa Musanze ahamaze kubakwa imihanda ifite uburebure bwa kilometer zisaga 10. Uretse iyo kandi hari kubakwa n’indi ifite uburebure  bwa kilometer 4.5. iyi nayo ngo izaba yarangiye bitarenze Werurwe 2018, uretse umwe basanze ugoranye nawo uzarangirira igihe kigenwa n’amasezerano.

Itsinda ry’abari muri uru ruzinduko bagiye hamwe, bungurana ibitekerezo

Uwihanganye akomoza ku ruzinduko bakoreye mu ntara y’Amajyaruguru, ati “Twasuye n’imihanda yo mu mujyi wa Musanze  nayo ni imihanda igomba kuzura mu kwa 5 ariko batwemereye ko izaba yaruzuye mu kwa 3…Twasuye  umuhanda Musanze-Cyanika, twariho tureba uburyo  ufashwe ngo imodoka ziwugendamo zibashe kugendamo neza. Nabwo twasanze  uri gutunganywa nkuko bigomba, gusa hari ibyo twabahayemo inshingano zo kugirango bawutunganye kurushaho, cyane cyane  aho Cyanika ku mupaka ihurira n’isoko ryahubatswe.”

Bareba aho imihanda igeze

Nyuma basuye umuhanda Base-Butaro-Kidaho. Uyu wagombaga kubakwa nk’umuhanda Base-Butaro, ariko nyuma bigaragara ko hari ukundi wakorwa ukagera na Kidaho nkuko Perezida wa Repubulika yabyemeye, ukaba uzakorwa muri ubwo buryo.

Kuri ubu ngo inyigo yawo iri gukorwa ariko harebwa uburyo mu gihe uri gukora waba unagendwa kuko hari ibitaro bitwara ababyeyi n’abarwayi muri rusange bya Butaro biganwa n’abantu batandukanye ndetse banahava bagana ibya Ruhengeri.

Ati “ Twagirango turebe icyo twakora kugirango muri icyo gihe cyose uyu muhanda ube unagendwa , mu gihe turi gukora inyigo zituma umuhanda uva  Base ukagera Kidaho ukorwa nkuko  Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yayibemereye. Twabyumvikanyeho, ku buryo  guhera ku wa gatanu w’icyumweru gitaha uzatangira gucungwa, ku buryo uzaba ugendeka nyuma ugakorwa.

Bareba aho ibikorwa bigeze

Nyuma y’uyu hasuwe uwa Base-Rukomo ugomba kurangiza mu Kuboza uyu mwaka. Minisitiri Uwihanganye ati “Dukurikije uko twasanze bimeze uzarangirira ku gihe, ibikoresho birahari …”

Ibikorwa One stop border post ya Gatuna bigenda gahoro

Iki kibazo nacyo cyakomojweho na Minisitiri Uwihanganye, wagize ati “Aha twasuye iyubakwa ry’umupaka wa Gatuna, One stop border post,  dusanze  bitagenda neza nkuko twabiteguye . Imwe mu mpamvu  zatuzanye ni ukureba  ikibazo gihari ngo tugikemure. Twasanze ho bitagenda neza rwiyemezamirimo akiri inyuma  ku bijyanye n’icyo yatanze. Dutanga inama n’ingamba zo  kugirango asubire ku murongo, yabitwemereye. Aracyafite igihe mu masezerano ye, ariko ni ukugirango tutamureka  ajye inyuma cyane, birangire binaniranye. Twumvikanye ingamba zo gukora ngo bijye ku murongo.”

Guverineri Gatabazi yemeza ko ibyo basezeranyijwe bigeze kure

Kuri Guverineri Gatabazi ati “Turashima ko ibyo Perezida Kagame yemereye abaturage byatangiye.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko ibikorwa basuye mu mujyi wa Musanze byerekena uburyo uyu mujyi ukataje mu kuba uwa kabiri nyuma ya Kigali.

Uretse Musanze kandi ngo no mu tundi turere hatangiye ibikorwa bizavana abaturage mu bwigunge ku bijyanye n’imihanda itarimo kaburimbo.

Ati “Kuva  mu mujyi wa Byumba ugana mu Miyove, kaburimbo yatangiye kujyamo ibyari inzozi byabaye ukuri….”

Iyi mihanda yose izashyirwamo kaburimbo ndetse n’amatara ku muhanda. Ibikorwa ngo bizafasha umujyi wa Gicumbi wagaragaraga nk’uwasigaye inyuma wongera gutera imbere, dore ko hazakorwa umuhanda uwucamo uvuye mu mujyi wa Nyagatare, ugakomeza Musanze na Rubavu, ibintu abona nta rwitwazo nk’urwo abacuruzi baho[Gicumbi], bakunze kugaragaza ko nta rujya n’uruza rw’abantu rukunze kuhanyura.

isurwa ry’ibikorwa

Abaturage batuye mu gasanteri k’ubucuruzi ka Miyove nabo bazubakirwa umuhanda wa Kaburimbo, nyuma yuko izahaca izanyura inyuma gato y’ako gasanteri. Aba bayobozi baganiriye n’abaturage babisabye babasaba kugira ubushake bwo kubafasha mu bijyanye no kubona metero esheshatu zisabwa ku ruhande n’urundi  rw’umuhanda ngo ushyirwemo kaburimbo. Minisitiri Uwihanganye yabasabye uko ufite urukuta runini rukora aho uzubakwa, bazarugabanya bakarumwubakira nyuma, mu gihe uhafite inzu mu gihe yasenywa azahabwa ingurane.

Imodoka yabafashije muri uru rugendo yatangarirwaga n’abaturage

Uretse iyi mihanda kandi hazubakwa n’indi itandukanye mu karere ka Gakenke , nk’uzaturuka ku giti cy’inyoni uca i Ruli ukomeze ku karere ka Gakenke, n’iyindi itandukanye izakubakwamo, Hari kandi ibitaro n’ibindi bikorwaremezo bizahubakwa n’ibyahubatswe. Mu biteganyijwe bindi harimo kongera amazi n’amashanyarazi.

Ahubatse urugomero rw’amashanyarazi abaturage basabye Perezida Kagame

Muri uru ruzinduko kandi banarebeye hamwe ibijyanye n’ingurane z’abari bafite ibikorwa ahari gucishwa iyi mihanda n’uburyo bishyurwamo.

Amatara mashya ntazashyirwa kuri iyi mihanda gusa, kuko n’uwa Kigali-Gatuna nawo azashyirwaho. Iyi mihanda izuzura bitarenze umwaka w’2020.