COVID-19: Umuperezida wo mu karere ari ku byuma bimufasha guhumeka muri Kenya

Ikinyamakuru Daily Nation cyandikirwa muri Kenya cyatangaje ko hari umuyobozi wo muri Afurika y’i Burasirazuba utatangajwe amazina wakiriwe mu bitaro i Nairobi muri Kenya ngo avurwe icyorezo cya COVID-19.

Iki kinyamakuru ntabwo cyatangaje izina ry’uwo muyobozi ngo uri ku byuma bimufasha guhumeka (ventilator), nyamara harakekwa Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli, uyobora igihugu cyakunze kudashyira imbere ingamba zo kwirinda covid-19, zirimo kwambara agapfukamunwa, gupima abaturage, gutangaza imibare y’abanduye ndetse no kwitabira gahunda y’inkingo, dore ko igi gihugu n’u Burundi, aribyo byo mu karere bitigeze bigaragara mu mugambi wo guha inkingo ku buntu ibihugu bidafite ubushobozi ku bijyanye n’inkingo wiswe COVAX.

Amakuru ari gukwirakwizwa ni uko umuyobozi wo muri Afurika y’i Burasirazuba umaze iminsi atagaragara mu ruhame ari Magufuli. Ngo kuva mu byumweru bibiri bishize ntaragaragara mu ruhame. Uyu ni na we bivugwa ko yajyanywe ikitaraganya muri ibyo bitaro i Nairobi.

Iby’aya makuru byakomojweho na Tundu Lissu, umwe mu banyapolitiki bo muri Tanzania batavuga rumwe na leta ndetse uri mu buhungiro, wandikiye ubutumwa The Nation ko yizera ko Magufuli ari we wajyanywe muri ibyo bitaro.

Impamvu ishingirwaho hakekwa Magufuli ni uko abandi baperezida bo mu karere bagaragaye mu cyumweru kimwe gishize. Uwa Uganda Yoweri Museveni yayoboye ibirori byo kwizihiza umunsi w’umugore muri Afurika, ibirori byabereye kuri televiziyo mu minsi ibiri ishize, mu gihe uw’u Rwanda  Paul Kagame yagaragaye mu biganiro mpaka muri iki cyumweru ubwo iki gihugu cyahabwaga inkingo za COVID-19.

Ishami rya Loni rishinzwe ubuzima (OMS) ryakomeje kwihanangiriza Tanzania bitewe no kutubahiriza ingamba zo kwirinda icyo cyorezo, ahubwo ngo ikaba yaririringiye amasengesho.