Asoza inshingano umushinjacyaha mukuru wa ICC avuga ko abayishinja kunenga Afurika gusa atari ukuri
![](https://thesourcepost.com/wp-content/uploads/2021/06/images-2.jpeg)
Umushinjyacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC/CPI), Fatou Bensouda atangaza ko hari abashinja urwo rukiko gukurikirana abanyafurika gusa, yita ko ari abadashimishwa n’ibikorwa byarwo.
Uyu munyamategeko ukomoka muri Gambia arasezera ku nshingano ze kuri uyu wa gatatu ku cyicaro cy’urukiko kiri i La Haye/ The Hague. Yari uwa kabiri uhawe izi nshingano kuva uru rukiko rwashingwa mu 2002.
Mu manza zose 30 uru rukiko rumaze guca kugeza ubu zose ni iz’abanyafurika , ariko Bensouda avuga ko ibiro bye ubu byarimo gukora iperereza ku biri gukorwa mu turere dutandukanye tw’isi.
Muri utu turere harimo Georgia, Afghanistan, Palestina, Myanmar, Bangladesh, Venezuela na Philippines.
Avugana na BBC mu kiganiro Focus on Africa ku bijyanye n’igenda rye, Bensouda yavuze ati: “Icyerekezo cya CPI si ukwibanda ku mugabane kanaka. ihera ku byemezo bihari”.
Avuga ku byo yakoze, harimo imanza yakurikiranye zaciriye inzira amategeko mpuzamahanga ku bijyanye no gukurikirana ibyaha bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Atanga urugero ko mu 2019, uwahoze arwanya ubutegetsi muri Congo, Bosco Ntaganda, yabaye uwa mbere CPI yahamije icyaha bwa mbere gufata abantu akabagira abacakara bo gusambanya.
Hariho ibyo urwo ruko rwananiwe nko kugira umwere uwahoze ari visi perezida wa Congo Kinshasa, Jean-Pierre Bemba, na Laurent Gbagbo wahoze ari perezida wa Cote d’Ivoire. Rwananiwe kandi gukurikirana urubanza rujyanye n’imyigaragambyo muri Kenya mu matora yo mu 2007.
Bensouda arasimburwa n’umwongereza Karim Khan.
Bensouda ni inde?
Mu 1987 yinjiye mu rugaga rw’abavoka mu gihugu cye. Muri uwo mwaka leta yamugize umujyanama, mu 1994 agirwa umushinjacyaha.
Umugore wakanyujijeho ku bwa perezida Yahya Jammeh
Guhera mu 2004 yabaye umushinjacyaha wungirije muri ICC yungirije Luis Moreno Ocampo, nyuma yaje kumusimbura mu Kuboza 2011. Icyo gihe yatoranyijwe n’ibihugu 120 bigize urukiko atoranywa mu bakandida 52 bari bahataniraga uwo mwanya.
Mu 2019 Amerika yamuhagarikiye viza yo kujya muri icyo gihugu kubera ko yari yatangiye ankete ku bikorwa by’abasirikare ba Amerika muri Afghanistan.
Uyu mugore wagiye afatirwa ibihano bitandukanye na Amerika ari mu bantu 100 bavuga rikijyana mu 2012 nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Time. Ikinyamakuru Jeune Afrique cyamushyize mu bagore 50 muri Afurika bakora akazi kabo neza.
Bensouda yashakanye n’umugabo w’umunya Maroke ukomoka muri Gambia. Babyaranye abana babiri barimo umuhungu we George w’imyaka 33 wiciwe muri Amerika mu 2017 ku bijyanye n’ibiyobyabwenge.
Inkuru bifitanye isano: Abategetsi muri Afurika bashobora kuba bagiye kwiruhutsa kubera Bensouda