Ifunguro abakatiwe urwo gupfa muri Amerika bariye mbere yo kwicwa n’amagambo bavuze
Mu kumvikanisha kurushaho igihano cy’urupfu muri Amerika, umunyamakuru ufotora yabashije kongera gutunganya amashusho agaragaza amafunguro ya nyuma yahawe imfungwa zakatiwe iki gihano mbere yo kwicwa.
“Biba bimeze gute gusaba ifunguro rya nyuma mbere yo kwicwa uzira icyaha wakoze cyangwa utakoze?” Ni ikibazo umunyamakuru w’umunyabugeni mu mafoto w’Umunyamerika yibajije kuri uyu mushinga.
Agira ati: “Turamutse twishyize imbere y’ibi biryo, wenda dushobora kumva uko byari bimeze.
“Wenda dushobora kwibaza ibindi ku mpamvu n’imigirire y’ubutabera.
“Wenda dushobora kumva agahinda k’uwakatiwe iki gihano.”
Aha hariho andi makuru y’abahawe icyo gihano, harimo imyaka bamaze mu mashuri, icyo bakoraga n’ijambo rya nyuma bavuze mbere yo kwicwa.
David Wayne Stoker
Yishwe: 16/06/1997
Imyaka mu mashuri: Umunani
Akazi yakoraga: Umubaji
Ijambo rye rya nyuma: “Mbabajwe no kuba mwarabuze abanyu… ariko nta muntu nishe.”
Anthony Ray Westley
Yishwe: 13/05/1997
Imyaka mu mashuri: Umunani
Akazi yakoraga: Umuhinzii
Ijambo rye rya nyuma: “Ndagirango mumenye ko nta muntu nigeze nica. Ndabakunda mwese.”
Thomas Andy Barefoot
Yishwe: 30/10/1984
Imyaka mu mashuri: Ntabwo bizwi
Akazi yakoraga: Umukozi mu ruganda rucukura ibitoro
Ijambo rye rya nyuma: “Ndashaka ko buri wese amenya ko nta rwango mufitiye. Ndabababariye bose. Nizeye ko uwo nahemukiye wese azambabarira… Nsabye imbabazi ku byo nakoze byose ku wo ari we wese. Nizeye ko bazambabarira.”
James Russell
Yishwe: 19 /09/ 1991
Imyaka mu mashuri: 10
Akazi yakoraga: Umunyamuziki
Ijambo rye rya nyuma: Bivugwa ko ryamaze iminota itatu, birashoboka ko ritanditswe cyangwa ritafashwe amajwi.
Jeffrey Allen Barney
Yishwe: 16 /04/ 1986
Imyaka mu mashuri: Ntizwi
Akazi yakoraga: Ntikazwi
Ijambo rye nyuma: “Ndasaba imbabazi kubyo nakoze. Nkwiriye iki gihano. Yesu/zu mbabarira.”
Johnny Frank Garrett
Yishwe: 11 /02/ 1992
Imyaka mu mashuri: Irindwi
Akazi yakoraga: Umuhinzi
Ijambo rye rya nyuma: “Ndashaka gushimira umuryango wanjye ku rukundo no kunyitaho. Naho abasigaye bose bo ku isi baragasoma ikibuno cyanjye.”
William Prince Davis
Yishwe: 14 /09/ 1999
Imyaka yamaze yiga: Irindwi
Akazi yakoraga: Umuhanga mu gusakara
Ijambo rye rya nyuma: “Ndashaka gusaba imbabazi umuryango wanjye kubw’akababaro batewe n’ibyo nakoze… Ndashaka no gushimira abagabo bose bakatiwe urwo gupfa ku rukundo banyeretse muri iyi myaka.
“Nizeye ko guha umubiri wanjye abakora siyansi bizatuma ibice byawo hari umuntu bifasha…Ni ibyo mfite byo kuvuga, murinzi.”
Gerald Lee Mitchell
Yishwe: 22 /10/ 2001
Imyaka yamaze mu mashuri: Icumi
Akazi yakoraga: Umubaji
Ijambo rye rya nyuma: “Umbabarire ku kukubabaza. Umbabarire kukwambura ubuzima. Ndasaba n’Imana imbabazi. Ndabizi bishobora kuba bikomeye ariko ndasaba imbabazi ku byo nakoze.
“Ku muryango wanjye, nkunda buri wese muri mwe. Mukomere. Mumenye ko nzahora mbakunda, iteka. Ndabizi ko ngiye iwacu kubana n’Imana. Murire mu byishimo ku bwa njye.”
Robert Anthony Madden
Yishwe: 28 /05/ 1997
Imyaka yamaze mu ishuri: 12
Akazi yakoraga: Umutetsi
Ijambo rye rya nyuma: “Ndabasaba imbabazi ku kubura abantu kwanyu n’akababaro. Ariko sinishe bariya bantu. Nizeye ko tuzamenya uko twahagarika uru rwango no kwihorera tugaha agaciro ibiri ku isi.
“Mbabariye buri wese kubera ibi bigiye kuba, biboneka ko atari byo [bidakwiye]”
James Beathard
Yishwe: 9 /12/1999
Imyaka yamaze mu ishuri: 15
Akazi yakoraga: Umukanishi wa za moto
Nyuma y’urubanza rwe, umutangabuhamya w’ibanze w’umushinjacyaha yisubiyeho ku buhamya bwe n’abacamanza batatu mu bamuburanishije bamusabiye imbabazi.
Ijambo rye rya nyuma: “Hari ibyo nshaka kuvuga. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta hantu zishyira kubaka ubuzima bw’umuntu. Kunyica ni ikimenyetso cy’indwara ikomeye. Hari igihe leta ikwiye guhagarika gusenya ibindi bihugu no kwica abana b’inzirakarengane. Ibihano byafatiwe Iran, Iraq, Cuba n’ahandi nta cyo bikora mu guhindura isi kandi birababaza abana barengana.
“Ahubwo icy’ingenzi cyane ni uburyo dufata ibidukikije kuko biri kwangirika cyane kandi nitubikomeza aho tugana ni uko uburyo bwose dufatamo abandi bantu kuko twese kuri iyi si turi kuyivaho.
“Imwe mu nzira nyazo ukuri kw’ibiri kuba kuzajya hanze, cyangwa abantu bakamenya ibiri kuba ni ugushyigikira itangazamakuru ryigenga. Ndimo ndabona itangazamakuru rigorwa no gukomeza kubaho nk’urwego rwigenga.”
Amafoto yose akoreshejwe bitangiwe uburenganzira. Ni inkuru ya BBC.